N’ubwo we yari afite imimerere imwe n’iy’Imana,
ntiyagundiriye kureshya na Yo.
Ahubwo yihinduye ubusabusa, yigira nk’umugaragu,
maze mu migirire ye agaragaza ko ari umuntu.
Nuko aho amariye kwishushanya n’abantu,
yicisha bugufi kurushaho,
yemera kumvira, ageza aho gupfa,
apfiriye ndetse ku musaraba.