1
Abagalatiya 6:9
Bibiliya Yera
BYSB
Twe gucogorera gukora neza, kuko igihe nigisohora tuzasarura nitutagwa isari.
Palyginti
Naršyti Abagalatiya 6:9
2
Abagalatiya 6:10
Nuko rero tugirire bose neza uko tubonye uburyo, ariko cyane cyane ab'inzu y'abizera.
Naršyti Abagalatiya 6:10
3
Abagalatiya 6:2
Mwakirane ibibaremerera, kugira ngo abe ari ko musohoza amategeko ya Kristo.
Naršyti Abagalatiya 6:2
4
Abagalatiya 6:7
Ntimuyobe: Imana ntinegurizwa izuru, kuko ibyo umuntu abiba ari byo azasarura.
Naršyti Abagalatiya 6:7
5
Abagalatiya 6:8
Ubibira umubiri we muri uwo mubiri azasaruramo kubora, ariko ubibira Umwuka muri uwo Mwuka azasaruramo ubugingo buhoraho.
Naršyti Abagalatiya 6:8
6
Abagalatiya 6:1
Bene Data, umuntu niyadukwaho n'icyaha, mwebwe ab'Umwuka mugaruze uwo muntu umwuka w'ubugwaneza, ariko umuntu wese yirinde kugira ngo na we adashukwa.
Naršyti Abagalatiya 6:1
7
Abagalatiya 6:3-5
Umuntu niyibwira ko ari ikintu kandi ari nta cyo ari cyo, aba yibeshye. Ibyiza ni uko yakwisuzuma mu murimo we ubwe, kuko ari bwo azabona icyo yirata ku bwe wenyine atari ku bwa mugenzi we, kuko umuntu wese aziyikorera uwe mutwaro.
Naršyti Abagalatiya 6:3-5