YouVersion Logo
Search Icon

Ubuhanga 17

17
Abanyamisiri barengwaho n’umwijima; Abayisraheli bakayoborwa n’inkingi y’umuriro
1Imigirire yawe ni intagereranywa
kandi biragoye kuyisobanukirwa,
ni na yo mpamvu ab’injiji bayobye.
2Abagome bashakaga gukandamiza igihugu gitagatifu,
ni bo bahindutse imfungwa z’umwijima#17.2 imfungwa z’umwijima: muri Iyim 10,21–23, havugwa ko Abanyamisiri batashoboraga gusohoka mu mazu yabo mu minsi itatu yose; ariko umwanditsi w’igitabo cy’Ubuhanga aheraho agahimbahimba n’ibindi bibi byose bakururiwe n’uwo mwijima, ndetse ntanatinye kuvuga ko babonaga na za baringa (17.3—4.15)!,
baboheshwa iminyururu y’ijoro ridacya,
bagaragurikira aho bafungiye mu mazu yabo,
baba ibicibwa bitakirebwa n’umugambi w’Imana.
3Bo bibwiraga ko bazaguma mu bwihisho,
hamwe n’ibyaha bakoreye mu ibanga bizera ko bizibagirana;
ariko batashywe n’ubwoba bukabije, baratatana,
ndetse bagakangaranywa na za baringa.
4Ubuvumo bubabundikiye ntibwabarinze ubwoba,
urusaku rukabije rurahogera iruhande rwabo,
bakabona na za baringa zijimye
kandi zishavuye nk’iziri mu cyunamo.
5Umuriro ukomeye cyane
ntiwari ukibasha gutanga urumuri;
n’ubushashagirane bw’inyenyeri ntibwari bugishobora
kumurikira iryo joro riteye ubwoba.
6Igishyito cy’umuriro wiyatsaga ubwawo,
ni cyo cyonyine barabukwaga kikabatera ubwoba,
maze iryo bonekerwa ryaba rirangiye
bagakomeza gukangarana,
kandi bagasanga ibyo bamaze kubona
birushijeho kuba umwaku.
7Amayeri y’ubupfumu nta cyo yari akimaze,
kwibwira ko ari ho ubwenge buturuka byabateye ikimwaro.
8Abavugaga ko umutima urwaye bashobora kuwukiza
ubwoba n’ibisazi,
ni bo ahubwo bafashwe n’indwara y’ubwoba,
budafite ishingiro.
9Ndetse n’ubwo nta kintu gikanganye cyabaga gihari,
ngo kibatere ubwoba,
umuvuduko w’udusimba n’urusaku rw’ibigendesha inda,
byonyine byari bihagije kugira ngo bakangarane,
10bagapfa batengurwa kubera ubwoba,
ntibatinyuke no kureba uwo mwijima,
umuntu akabura aho awuhungira.
11Koko, ubugome ni ikintu kigaragaza ububwa,
kandi ni na bwo bwicira urubanza;
kuko iyo bwugarijwe n’umutimanama buri gihe,
bugenda bubona ingorane impande zose.
12Ubwoba rero si ikindi,
ni ukubura ubwenge butekereza.
13Uko umuntu agenda abura ibitekerezo bishyitse,
ni ko arushaho gukuririza impamvu atazi,
zituma ahagarika imitima.
14Bo rero, muri iryo joro ribi rwose,
riturutse mu muheno w’Ukuzimu kutagira shinge,
igihe bose bari batwawe n’ibitotsi,
15bakurikiranwaga na za baringa zibatera ubwoba,
ubundi bakazikama bitewe n’umutima wabo wacitse urukendero,
kuko bari bagwiririwe n’ubwoba budasanzwe, bubatunguye.
16Bityo, uwabaga ageze aho wese,
yameraga nk’imfungwa ifungiye mu buroko budafungurwa.
17Yaba umuhinzi, umworozi,
cyangwa umukozi ufite akazi mu butayu,
iyo yabaga aguwe gitumo, yakubitanaga na Nyamunsi,
18kuko bose bari ku ngoyi imwe y’umwijima.
Umuyaga uhuha n’indirimbo nziza z’inyoni mu mashami atohagiye,
umuririmo w’amazi ahururana ingufu,
19urusaku rw’amabuye akocagurana igihe ahirima,
isiganwa ritagaragara ry’inyamaswa zisimbuka,
umworomo w’ibikoko by’inkazi byo mu ishyamba,
cyangwa nyiramubande yo mu bikombe by’imisozi,
ibyo byose byarabakangaranyaga, bakajunjama.
20Koko rero, isi yose yari imurikiwe n’urumuri rurabagirana,
kandi igakomeza imirimo yayo nta nkomyi.
21Ijoro ryari ribuditse kuri bo bonyine,
rikaba ishusho y’umwijima wari ubateganyirijwe,
ariko na bo bari bibereye umutwaro uremereye kurusha umwijima.

Currently Selected:

Ubuhanga 17: KBNT

Highlight

Share

Copy

None

Want to have your highlights saved across all your devices? Sign up or sign in

YouVersion uses cookies to personalize your experience. By using our website, you accept our use of cookies as described in our Privacy Policy