Uhoraho arongera ati «Wowe ubabajwe n’iki giti utigeze uruhira cyangwa ngo ugihe gukura, kikaba cyarakuze mu ijoro rimwe, kikuma mu rindi. Naho jyewe, mbese sinkwiriye kubabazwa na Ninivi, umugi mugari, utuwe n’abantu ibihumbi ijana na makumyabiri batazi gutandukanya indyo n’imoso, hamwe n’amatungo atabarika?»