Zaburi 61
61
Isengesho risabira umwami#61.0 . . . risabira umwami: uwahimbye iyi zaburi ni umulevi wajyanywe bunyago «mu mpera z’isi»; arasaba Imana rero kumugarura i Yeruzalemu, ari yo rwa rutare rurerure ararikiye (2–4). Mbega uko yakwishima aramutse yongeye gutura mu ihema ry’Uhoraho (= Ingoro ye; 5–6). Nyuma agasoza Isengesho rye asaba Uhoraho kwita ku mwami (7–8), kandi na we ubwe akiyemeza kuzacurangira Imana ye ubuziraherezo (9).
1Igenewe umuririmbisha, igaherekezwa n’inanga y’imirya. Iri mu zo bitirira Dawudi.
2Mana yanjye, umva ugutakamba kwanjye,
uhugukire isengesho ryanjye.
3Aho ndi ku mpera z’isi, ni wowe niyambaza
iyo umutima wanjye wacitse urukendero.
Uzanjyana unshyire hejuru y’urutare rurerure ntakwigezaho,
4kuko ari wowe buhungiro bwanjye,
n’umunara udahangarwa, imbere y’abanzi banjye.
5Icyampa ngo nibere mu ihema ryawe iteka ryose,
akaba ari ho mpungira, nkihisha mu mababa yawe! (guceceka akanya gato)
6Koko, Mana yanjye, wumvise imihigo nakugiriye
maze abatinya izina ryawe ukabaha umugabane bakwiye.
7Uhe umwami kumara iminsi n’iminsi,
imyaka ye ihinduke ibisekuruza n’ibisekuruza.
8Nateke ijabiro ubuziraherezo mu maso y’Imana,
ineza n’ubudahemuka byayo bimurinde.
9Ubwo rero nzacurangira izina ryawe ubuziraherezo,
kandi nubahirize buri munsi imihigo nakugiriye.
Zvasarudzwa nguva ino
Zaburi 61: KBNT
Sarudza vhesi
Sarudza zvinyorwa izvi
Yenzanisa
Pakurirana nevamwe
Unoda kuti zviratidziro zvako zvichengetedzwe pamidziyo yako yose? Nyoresa kana kuti pinda
Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu, Verbum Bible © The Bible Society of Rwanda, Rép. Dém. du Congo, 2012.