1
Abanyaroma 12:2
Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu
KBNT
Kandi ntimukigane ibi bihe turimo, ahubwo nimuhinduke, mwivugururemo ibitekerezo, kugira ngo muzajye mumenya neza ugushaka kw’Imana, ikiri cyiza, icyashimisha n’ikiboneye.
Vergelijk
Ontdek Abanyaroma 12:2
2
Abanyaroma 12:1
Bavandimwe rero, mbinginze ku bw’impuhwe z’Imana: nimuture imibiri yanyu, ibe igitambo nyabuzima, gitagatifu kandi kinyuze Imana; ngiryo iyobokamana ryabava ku mutima.
Ontdek Abanyaroma 12:1
3
Abanyaroma 12:12
Mwishimire amizero mufite, mwiyumanganye mu magorwa, ntimugahweme gusenga.
Ontdek Abanyaroma 12:12
4
Abanyaroma 12:21
Ntukareke inabi ikuganza, ahubwo inabi uyiganjishe ineza.
Ontdek Abanyaroma 12:21
5
Abanyaroma 12:10
Mukundane urukundo rwa kivandimwe, mushyire imbere icyahesha buri wese icyubahiro.
Ontdek Abanyaroma 12:10
6
Abanyaroma 12:9
Urukundo rwanyu ruzire uburyarya. Ikibi kibashishe mugihunge, naho icyiza mukihambireho.
Ontdek Abanyaroma 12:9
7
Abanyaroma 12:18
Bishobotse, mu rugero byabaturukaho mwebwe, mubane mu mahoro n’abantu bose.
Ontdek Abanyaroma 12:18
8
Abanyaroma 12:19
Ntimukihorere ubwanyu, nkoramutima zanjye, ahubwo muhe akanya uburakari bw’Imana nk’uko byanditswe ngo «Kumara inzigo ni ibyanjye, ni jye uzatanga inyiturano» , uwo ari Nyagasani ubivuga.
Ontdek Abanyaroma 12:19
9
Abanyaroma 12:11
Muragire umwete ntimukabe abanebwe, nimushishikare, mube abagaragu ba Nyagasani.
Ontdek Abanyaroma 12:11
10
Abanyaroma 12:3
Ku bw’ingabire nahawe, reka ngire icyo mbwira buri wese muri mwe: ntimukirebe ibisumbye uko mugomba kwireba, ahubwo muzirikane ibifasha kwiyoroshya, buri wese mu rugero rw’ukwemera Imana yamugeneye.
Ontdek Abanyaroma 12:3
11
Abanyaroma 12:17
Ntihakagire uwo mwitura inabi; «mwihatire kugaragariza abantu bose ibyiza mukora.»
Ontdek Abanyaroma 12:17
12
Abanyaroma 12:16
Muhuze imitima; ntimukararikire ibibasumbye, ahubwo mwimenyereze ibiciye bugufi. «Ntimukishime ubwenge bwanyu.»
Ontdek Abanyaroma 12:16
13
Abanyaroma 12:20
Ahubwo rero «niba umwanzi wawe ashonje, muhe icyo kurya; niba afite inyota, muhe icyo kunywa. Kuko nugenza utyo, uzaba umurahuriye ku mutwe amakara agurumana.»
Ontdek Abanyaroma 12:20
14
Abanyaroma 12:14-15
Musabire umugisha ababatoteza, mubasabire umugisha aho kubavuma. Mwishimane n’abishimye, murirane n’abarira.
Ontdek Abanyaroma 12:14-15
15
Abanyaroma 12:13
Musangire n’abatagatifujwe bakennye, muharanire gufata neza abashyitsi.
Ontdek Abanyaroma 12:13
16
Abanyaroma 12:4-5
Mbese nk’uko mu mubiri umwe tugira ingingo nyinshi kandi ingingo zose ntizikore umurimo umwe, bityo turi benshi, ariko tugize umubiri umwe muri Kristu, buri wese ku buryo bwe akabera abandi urugingo.
Ontdek Abanyaroma 12:4-5
Thuisscherm
Bijbel
Leesplannen
Video's