1
Abaroma 6:23
Bibiliya Yera
BYSB
kuko ibihembo by'ibyaha ari urupfu, ariko impano y'Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo Umwami wacu.
Uporedi
Istraži Abaroma 6:23
2
Abaroma 6:14
Ibyaha ntibikabategeke kuko mudatwarwa n'amategeko, ahubwo mutwarwa n'ubuntu.
Istraži Abaroma 6:14
3
Abaroma 6:4
Nuko rero, ku bw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe, kugira ngo nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari na ko natwe tugendera mu bugingo bushya.
Istraži Abaroma 6:4
4
Abaroma 6:13
Kandi ntimuhe ibyaha ingingo zanyu kuba intwaro zo gukiranirwa, ahubwo mwitange mwihe Imana nk'abazuke, n'ingingo zanyu muzihe Imana kuba intwaro zo gukiranuka.
Istraži Abaroma 6:13
5
Abaroma 6:6
Kandi tumenye iki, yuko umuntu wacu wa kera yabambanywe na we, kugira ngo umubiri w'ibyaha ukurweho, twe kugumya kuba imbata z'ibyaha
Istraži Abaroma 6:6
6
Abaroma 6:11
Abe ari ko namwe mwiyumvamo ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku Mana muri Kristo Yesu.
Istraži Abaroma 6:11
7
Abaroma 6:1-2
Nuko tuvuge iki? Tugumye gukora ibyaha ngo ubuntu busage? Ntibikabeho! Mbese twebwe abapfuye ku byaha, twakomeza kuramira muri byo dute?
Istraži Abaroma 6:1-2
8
Abaroma 6:16
Ntimuzi yuko uwo mwihaye kuba imbata zo kumwumvira, muri imbata z'uwo mwumvira uwo, imbata z'ibyaha bizana urupfu, cyangwa izo kumvira Imana kuzana gukiranuka?
Istraži Abaroma 6:16
9
Abaroma 6:17-18
Ariko Imana ishimwe kuko nubwo mwari imbata z'ibyaha, mwumviye ibyo mwigishijwe mubikuye ku mutima, maze mubātuwe ku byaha, muhinduka imbata zo gukiranuka.
Istraži Abaroma 6:17-18