YouVersion Logo
Search Icon

Ibarura 29

29
Igitambo cyo ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa karindwi
1Ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa karindwi, muzagira iteraniro ritagatifu, kandi nta murimo unaniza muzakora. Uzababera umunsi w’impundu. 2Muzatura Uhoraho igitambo gitwikwa, gifite impumuro yurura, kandi kigizwe n’ibi bikurikira: ikimasa kimwe, isekurume y’intama imwe, n’abana b’intama barindwi b’umwaka umwe; ayo matungo yose kandi akazaba atarangwaho inenge. 3Icyo gitambo kizaherekezwe n’ituro ryategetswe ry’ifu ivugishijwe amavuta. Ku kimasa muzatange utwibo dutatu tw’ifu, no ku isekurume y’intama mutange utwibo tubiri. 4Ba bana b’intama barindwi na bo, kuri umwe muzatanga akebo kamwe k’ifu. 5Muzongeraho kandi isekurume y’ihene iturweho igitambo cy’impongano y’icyaha, kugira ngo mukore umuhango ukibahanaguraho. 6Ibyo byose bizaza byiyongera ku maturo y’ibitambo bitwikwa, ari igihoraho, ari n’icy’uwa mbere wa buri kwezi, hamwe n’ibitambo biseswa bibiherekeza nk’uko imihango yabyo ibiteganya. Ibyo bitambo byose, bizabera Uhoraho ibiribwa bifite impumuro imwurura.
Igitambo cyo ku munsi mukuru w’imbabazi#29.6 Umunsi mukuru w’imbabazi: bawuvuga muri Lev 16 ku buryo burambuye.
7Ku munsi wa cumi w’uko kwezi kwa karindwi, muzagira iteraniro ritagatifu. Muzasibe kurya, kandi ntimuzagire umurimo unaniza mukora. 8Muzatura Uhoraho igitambo gitwikwa, gifite impumuro yurura, kandi kigizwe n’ibi bikurikira: ikimasa kimwe, isekurume y’intama imwe, n’abana b’intama barindwi b’umwaka umwe. Muzahitemo kandi amatungo atarangwaho inenge. 9Icyo gitambo kizaherekezwe n’ituro ryategetswe ry’ifu ivugishijwe amavuta. Ku kimasa muzatange utwibo dutatu tw’ifu, no ku isekurume y’intama mutange utwibo tubiri. 10Ba bana b’intama barindwi na bo, kuri umwe muzatanga buri gihe akebo kamwe k’ifu. 11Muzongeraho kandi isekurume y’ihene yo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha yo ku munsi mukuru w’imbabazi, ku gitambo gitwikwa gihoraho n’ituro ryacyo, hamwe n’ibitambo biseswa bigiherekeza.
Igitambo cyo ku munsi mukuru w’amahema
12Ku munsi wa cumi na gatatu w’ukwezi kwa karindwi, muzagira iteraniro ritagatifu kandi ntimuzagire umurimo unaniza mukora. Muzahimbaza Uhoraho, mumukorere itambagira ry’iminsi irindwi. 13Uhoraho muzamutureho igitambo gitwikwa ibi biribwa bifite impumuro yurura: ibimasa cumi na bitatu, amasekurume y’intama abiri, n’abana b’intama cumi na bane b’umwaka umwe; ayo matungo yose kandi akazaba atagira inenge. 14Icyo gitambo kizaherekezwa n’ituro ryategetswe ry’ifu ivugishijwe amavuta. Kuri buri kimasa muzatange utwibo dutatu tw’ifu, kuri buri sekurume y’intama mutange utwibo tubiri, 15naho kuri buri mwana w’intama mutange buri gihe akebo kamwe k’ifu. 16Muzongeraho kandi isekurume y’ihene yo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo sekurume y’ihene iziyongera ku gitambo gitwikwa gihoraho, hamwe n’igitambo giseswa bigiherekeza.
17Dore ibigize igitambo cyo ku munsi wa kabiri: ibimasa cumi na bibiri, amasekurume abiri y’intama, n’abana b’intama cumi na bane b’umwaka umwe; ayo matungo yose kandi akazaba atagira inenge. 18Nk’uko bisanzwe bigenda, icyo gitambo kizaherekezwa n’ituro n’ibitambo biseswa byategetswe kuri buri kimasa, buri sekurume y’intama no kuri buri mwana w’intama. 19Muzongeraho kandi isekurume y’ihene yo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo sekurume y’ihene iziyongera ku gitambo gitwikwa gihoraho, hamwe n’igitambo giseswa bigiherekeza.
20Dore ibigize igitambo cyo ku munsi wa gatatu: ibimasa cumi na kimwe, amasekurume y’intama abiri, n’abana b’intama cumi na bane b’umwaka umwe; ayo matungo yose kandi akazaba atagira inenge. 21Nk’uko bisanzwe bigenda, icyo gitambo kizaherekezwa n’ituro, n’ibitambo biseswa byategetswe kuri buri kimasa, buri sekurume y’intama no kuri buri mwana w’intama. 22Muzongeraho isekurume y’ihene yo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo sekurume y’ihene iziyongera ku gitambo gitwikwa gihoraho, hamwe n’igitambo giseswa bigiherekeza.
23Dore ibigize igitambo cyo ku munsi wa kane: ibimasa cumi, amasekurume y’intama abiri, n’abana b’intama cumi na bane b’umwaka umwe; ayo matungo yose kandi akazaba atagira inenge. 24Nk’uko bisanzwe bigenda, icyo gitambo kizaherekezwa n’ituro, n’ibitambo biseswa byategetswe kuri buri kimasa, buri sekurume y’intama no kuri buri mwana w’intama. 25Muzongeraho n’isekurume y’ihene yo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo sekurume y’ihene iziyongera ku gitambo gitwikwa gihoraho, hamwe n’igitambo giseswa bigiherekeza.
26Dore ibigize igitambo cyo ku munsi wa gatanu: ibimasa icyenda, amasekurume y’intama abiri, abana b’intama cumi na bane b’umwaka umwe; ayo matungo yose kandi akazaba atagira inenge. 27Nk’uko bisanzwe bigenda, icyo gitambo kizaherekezwa n’ituro, n’ibitambo biseswa byategetswe kuri buri kimasa, buri sekurume y’intama no kuri buri mwana w’intama. 28Muzongeraho isekurume y’ihene yo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo sekurume y’ihene iziyongera ku gitambo gitwikwa gihoraho, hamwe n’igitambo giseswa bigiherekeza.
29Dore ibigize igitambo cyo ku munsi wa gatandatu: ibimasa munani, amasekurume y’intama abiri, abana b’intama cumi na bane b’umwaka umwe; ayo matungo akazaba atagira inenge. 30Nk’uko bisanzwe bigenda, icyo gitambo kizaherekezwa n’ituro, n’ibitambo biseswa byategetswe kuri buri kimasa, buri sekurume y’intama no kuri buri mwana w’intama. 31Muzongeraho isekurume y’ihene yo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo sekurume y’ihene iziyongera ku gitambo gitwikwa gihoraho, hamwe n’igitambo giseswa bigiherekeza.
32Dore ibigize igitambo cyo ku munsi wa karindwi: ibimasa birindwi, amasekurume y’intama abiri, abana b’intama cumi na bane b’umwaka umwe; ayo matungo akazaba atagira inenge. 33Nk’uko bisanzwe bigenda, icyo gitambo kizaherekezwa n’ituro, n’ibitambo biseswa byategetswe kuri buri kimasa, buri sekurume y’intama, no kuri buri mwana w’intama. 34Muzongereho n’isekurume y’ihene yo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo sekurume y’ihene iziyongera ku gitambo gitwikwa gihoraho, hamwe n’igitambo giseswa bigiherekeza.
35Ku munsi wa munani, ni ho muzasoza umunsi mukuru wanyu, kandi ntimuzagire umurimo unaniza mukora. 36Ibiribwa bikurikira muzabitura Uhoraho ho igitambo gitwikwa gifite impumuro imwurura: ikimasa kimwe, isekurume y’intama imwe, abana barindwi b’intama b’umwaka umwe; ayo matungo yose akazaba atagira inenge. 37Nk’uko bisanzwe bigenda, icyo gitambo kizaherekezwa n’ituro, n’ibitambo biseswa byategetswe ku kimasa, ku isekurume y’intama, no kuri buri mwana w’intama. 38Muzongeraho isekurume y’ihene yo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo sekurume y’ihene iziyongera ku gitambo gitwikwa gihoraho, hamwe n’igitambo giseswa bigiherekeza.
39Ibyo ni byo muzatura Uhoraho ku minsi yabiteganirijwe. Bizaza bisanga kandi ibitambo by’imihigo yanyu, ibyo mwituriye ku bushake bwanyu, ibitambo bitwikwa, amaturo y’ifu, ibitambo biseswa hamwe n’ibitambo by’ubuhoro.»

Currently Selected:

Ibarura 29: KBNT

Highlight

Share

Copy

None

Want to have your highlights saved across all your devices? Sign up or sign in

YouVersion uses cookies to personalize your experience. By using our website, you accept our use of cookies as described in our Privacy Policy